Barcelona irakina uyu mukino kuri uyu wa Gatatu, izi neza ko intsinzi ishobora kuyifasha gusoza mu makipe umunani ya mbere, bityo igahita ibona itike ya 1/8. Kuri ubu, Barca iri ku mwanya wa cyenda n’amanota 13, mu makipe menshi anganya amanota mbere y’umunsi wa nyuma w’icyiciro cy’amatsinda.
Flick yasabye abakinnyi be gukomeza icyizere no kwibanda ku mukino wabo, anibutsa ko Copenhagen ari ikipe igomba kubahwa, yagize ati:
“Icy’ingenzi ni uko dukora akazi kacu kandi tugakina ku rwego rwacu rwo hejuru. Intego ni ukwinjira mu makipe umunani ya mbere,”
Barcelona izaba idafite abakinnyi bakomeye bo hagati mu kibuga barimo Frenkie de Jong, udahari kubera ibihano, na Pedri, utazagaragara kubera imvune. Nubwo bimeze bityo, Fermín López ari mu bihe byiza, aho amaze gutsinda ibitego bitanu mu mikino itandatu ya Champions League muri uyu mwaka w’imikino.
Umutoza Flick yashimye Fermín López, avuga ko ari umukinnyi ufite imyitwarire myiza, ushobora gukina imyanya itandukanye, kandi wishimira gukina mu ikipe nkuru ya Barcelona avuye muri La Masia.
Barcelona imaze gutsinda kumpuzandengo y’ibitego 2.9 kuri buri mukino wa Champions League kuva Hansi Flick yayitoza,gusa Bayern Munich ya Flick ni yo yonyine ifite impuzandengo iri hejuru kurushaho, nanone kandi insinzi kuri Copenhagen yayifasha kwirinda imikino ya kamarampaka (play-offs)
Barcelona isabwa gutsinda Copenhagen ikoresheje umupira wayo isanzwe izwiho, nubwo ifite abakinnyi b’ingenzi badahari, kugira ngo yizere gukomeza muri Champions League nta nkomyi.
Barcelona isabwa gutsinda Copenhagen kugira ngo yizere gukomeza muri Champions League
FC Barcelona ntabwo iraba ifite De Jong na Pedri kuri uyu wa Gatatu
